Ubukungu Archives - Belie08

Category: Ubukungu

76,140,000,000 Frw zo kubaka inkuge: Isomo rikomeye ku myizerere, amafaranga n’ubwenge bwo gutekereza

Mu minsi ishize, inkuru y’umugabo wo muri Ghana witwa Ebo Noah, wiyita umuhanuzi, yakomeje gukwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye. Uyu mugabo yatangaje ko ari kubaka inkuge (ark) avuga ko yabihishuriwe n’Imana, imubwira ko ku wa 25 Ukuboza 2025 hazabaho umwuzure ukomeye uzibasira abantu benshi ku isi, bityo ko inkuge ari yo […]
Read more

2026 si umwaka w’ibitangaza, ni umwaka w’amahirwe ku muntu wiyemeje

Mu minsi mikuru ya vuba, hari ikintu cyahindutse ku bantu benshi: ibyishimo byaragabanutse, kwizihiza biragabanuka, ndetse n’icyizere cy’ejo hazaza ntikikigaragara nk’uko byahoze. Abantu benshi bavuga ko ubuzima buhenze, ko akazi kagoye kuboneka, ko amafaranga adahagije n’aho yaba ahari. Ni ukuri kudakwiye guhakanwa. Mu bihe byashize, iminsi mikuru yafatwaga nk’igihe cyo kwishima, gutekereza ejo hazaza heza […]
Read more

Uko Koreya ya Ruguru Yiba Amamiliyari y’Amadolari ikoresheje Crypto, mu gihe abaturage bayo badafite Internet

Iyo wumvise ko Koreya ya Ruguru yibye miliyari z’amadolari ikoresheje ikoranabuhanga, ushobora kwibaza uti: “Bikorwa bite mu gihugu abaturage bacyo badafite internet, telefone zigezweho cyangwa ikoranabuhanga rihambaye?” Nyamara, mu by’ukuri, ni imwe mu nkuru zigaragaza ko isi y’ikoranabuhanga itagendera ku byo tubona ku mugaragaro gusa, ahubwo igenderwamo n’ibikorwa byihishe, bifite igenamigambi rikomeye. Mu myaka ya […]
Read more

Iyo uza kwizigamira arenga miliyoni 14 buri munsi kuva Yesu avutse ntiwari kubasha kuba nka Elon Musk — Dore impamvu

Hari amagambo rimwe na rimwe wumva akagutangaza ku buryo wibaza niba ari ukuri cyangwa ari ugukabya. Amwe muri yo ni: “Niba wari kuzigama $10,000 buri munsi kuva Yesu Kristo avutse, n’ubu ntiwari kuba ufite umutungo ungana n’uwa Elon Musk.” Iyo uyumvise bwa mbere, ushobora gutekereza ko ari urwenya, ariko mu by’ukuri, iyo winjiye mu mibare, […]
Read more

Serivisi ntoya z’ikoranabuhanga zirimo kubyara miliyoni zidasaba igishoro

Mu myaka mike ishize, uburyo abantu bakoreshaga mu gushaka akazi no kwinjiza amafaranga bwagiye buhinduka ku muvuduko udasanzwe. Imirimo yubakiye ku gishoro kinini iragenda igabanya amahirwe, mu gihe imirimo ishingiye ku ikoranabuhanga n’ubushobozi bw’umuntu ku giti cye ikomeza kuzamuka buri munsi. Mu bushakashatsi bushya bwashyizwe hanze na Global Future Jobs Lab, abahanga basanze hari umwuga […]
Read more

Amerika: Green Card Zahawe Abaturage b’Ibihugu 19 Zigiye Gusubirwamo

Mu cyemezo gitunguranye, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald J. Trump, yatangaje ko Green Card zahawe abaturage baturuka mu bihugu 19 yise “ibihugu by’ikibazo” zizagenzurwa ku buryo bwihuse kandi bwimbitse. Icyemezo cyaje nyuma y’igitero cyabaye mu mujyi wa Washington DC, aho umwe mu basirikare ba National Guard yishwe n’umuntu wari ufite ubwenegihugu bw’ahandi […]
Read more

Ni iki cyateye Heineken kugurisha uruganda rwayo ku mafaranga atagura n’icupa ryayo?

Mu minsi ishize, inkuru yasakaye ku mbuga nkoranyambaga ivuga ko isosiyete mpuzamahanga ikora ibinyobwa bisembuye, Heineken, yagurishije uruganda rwayo rwo mu mujyi wa Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku giciro cya 1 €— amafaranga adashobora no kugura icupa rimwe ry’ibinyobwa bya Heineken ubwayo. Iyi nkuru yateye abantu benshi kwibaza impamvu sosiyete ikomeye ku […]
Read more

“Umwami wa Qatar akoresha iPhone 12, ariko wowe ngo ushaka iPhone 17?” — Isomo ku buzima, imyumvire n’agaciro nyakuri

Mu minsi ishize ubwo Umwami wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yasuraga u Rwanda, hari ifoto ye yafashwe ari gukoresha iPhone 12 isanzwe yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga. Abantu benshi baratangaye: umuntu ukuriye igihugu gikize ku rwego rwo hejuru, umukire w’umurengera, ufite ubushobozi bwo gutunga ikoranabuhanga rishya ryose ku isi, none arakoresha telefoni abantu […]
Read more

Uko impinduka z’ubukungu bw’Isi zigera ku buzima bwa buri Munyafurika

Uyu munsi isi irimo kugira impinduka zihanganisha abantu bose, cyane cyane mu bukungu. Ibihugu bikomeye—Amerika, U Burayi, Ubushinwa—ni byo bigenzura byinshi ku isoko mpuzamahanga. Iyo hafashwe ibyemezo birebana n’ifaranga, ubucuruzi cyangwa imisoro, ingaruka ntizigarukira kuri ibyo bihugu gusa. Zihita zigera no ku bihugu biri kure, cyane cyane Afurika. Ni yo mpamvu n’iyo waba uri mu […]
Read more

Recent News